Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Ugushyingo 202, Nibwo mu Mudugudu wa Kanyinya mu Kagari k’Isangano mu Murenge wa Ndego akarere ka Kayonza, umugabo w’imyaka 50 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itandatu yatawe muri yombi n'Urwego rw'Ubugenza Cyaha, RIB.
Uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma y'amakuru abaturage bahaye ubuyobozi aho yakekwagaho kumara igihe kinini asambanya uyu mwana w’imyaka itandatu w’umuturanyi we.
Ubwo ababyeyi bari bagiye mu baturanyi kubasura, bagarutse basanga umwana wabo w’imyaka itandatu ari kurira anataka, bamubajije ababwira ko ari uwo mugabo baturanye wamusambanyije kandi ngo ntabwo bwari ubwa mbere abimukora nkuko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndego, Kabandana Patrick, yabitangarije IGIHE dukesha iyi nkuru.
Yagize ati “Hari ababyeyi bari bagiye mu baturanyi kubasura, bagarutse basanga umwana wabo w’imyaka itandatu ari kurira anataka, bamubajije ababwira ko ari uwo mugabo baturanye wamusambanyije kandi ngo ntabwo bwari ubwa mbere abimukora.”
Gitifu yakomeje avuga ko aba babyeyi bahise babimenyesha ubuyobozi nabwo buraza bufata wa mugabo, naho umwana ahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo akorerwe isuzuma anahabwe ubufasha bw’ibanze.
Kabandana yaboneyeho gusaba ababyeyi kumva ko bafite inshingano zo kurera abana babo neza, bakabakurikirana umunsi ku munsi, bakabaganiriza ku buryo ibintu byose byabaye ku mwana wabo baba babizi, yibukije kandi ko amategeko y’u Rwanda yiteguye guhana buri wese wagambirira gusambanya umwana.
Kuri ubu uyu mugabo w’imyaka 50 watawe muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ndego, mu gihe iperereza rigikomeje mu gihe uwo mwana w’imyaka itandatu we yajyanywe ku bitaro bya Rwinkwavu kugira ngo akorerwe isuzuma, anahabwe ubutabazi bw’ibanze.
Like This Post?
Related Posts