• Amakuru / MU-RWANDA
Ubwo ku wa Kabiri tariki ya 21 Ugushyingo 2023,mu Ntara y’Amajyaruguru akarere ka Rulindo  hateraniraga inama y’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, hagaragajwe uko ubumwe n’ubudaheranwa buhagaze.

Muri iyi nama yari igamije kurebera hamwe uko ubumwe n’ubudaheranwa buhagaze muri aka Karere no gufata ingamba zo kurushaho kubusigasira, hirindwa icyo ari cyo cyose cyabuhungabanya, bamwe mu bayobozi bari bahari barimo Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice banenze cyane imyumvire yo gushyira imbere amacakubiri ashingiye ku moko n'inkomoko ndetse no guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yagaragaje ko hirya no hino mu Ntara hari ibigaragara bibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa.

Yagize ati" Haracyari ibibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda harimo; amacakubiri ashingiye ku moko n’inkomoko, guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’imanza za Gacaca zitararangizwa".

Akomeza agira ati “Hari abadatanga amakuru y’ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside ngo ishyingurwe mu cyubahiro, itonesha rishingira ku cyenewabo mu gutanga amasoko n’akazi. Kwireba no kurebera abandi mu ndorerwamo y’amoko n’ibindi”.

Guverineri Mugabowagahunde yasabye abitabiriye iyi nama gukomeza kurangwa n'indangagaciro za Kinyarwanda hagamije kubaka igihugu aho kugisubiza inyuma nkuko ImvahoNshya ibitangaza dukesha iyi nkuru.

Muri iyi nama kandi hatanzwemo ibiganiro n’ibitekerezo bitandukanye biganisha ku ngamba zo gukomeza ubufatanye bwo kubumbatira no gusigasira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.

Abarinzi b’Igihango ku nzego zitandukanye batoranyijwe mu Karere ka Rulindo bashimiwe uruhare bagize mu kurokora Abatutsi bicwaga muri Jenoside ndetse n’uruhare bagira mu kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa, bakaba bambitswe imidari ndetse banahabwa ibyemezo by’ishimwe.

Umuyobozi w'akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith yasabye abitabiriye Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa kubakira kuri Ndi Umunyarwanda yo sano muzi ihuza Abanyarwanda, birinda ikintu icyo ari cyo cyose cyasenya ubumwe bw’Abanyarwanda no guheranwa n’amateka kandi bakabitoza n’abakiri bato.

Amafoto afitanye isano n'iyi nkuru:



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments