• Imikino / FOOTBALL

Muri iyi minsi mu mupira w’amaguru hari kuvugwa akayabo k’amafaranga ari gutangwa n’amakipe yo muri Saudi Arabia ashaka abakinnyi bafite amazina azwi i Burayi

Abakinnyi bakomoka muri Afurika ntibatanzwe kujya kuyora aka kayabo ariyo mpamvu benshi ubu bari kubyinira ku rukoma kubera aka kayabo.

BTN yabakusanyirije abakinnyi barusha abandi kwinjiza agatubutse muri Afurika.

Ku isonga haza rutahizamu, Umunya-Senegal akaba n’umukinnyi w’ikipe ya Al Nassr FC, Sadio Mane, ni we uyoboye abandi bakinnyi b’umupira w’amaguru b’Abanyafurika bahembwa amafaranga menshi.

Ni nyuma y’uko iyo kipe yo mu gihugu cya Saudi Arabia, yaguze uyu mugabo wavutse tariki 10 Mata 1992, mu ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage akayabo ka Miliyoni 24 z’Amayero, akazajya yinjiza 661,000 by’Amayero buri cyumweru. Bimugira umukinnyi wa mbere ku mugabane wa Afurika uhembwa amafaranga menshi.

Akurikiwe n’umunya-Algeria, Riyad Mahrez wavutse tariki 21 Gashyantare 1991, waguzwe na Al-Ahli yo muri Saudi Arabia Miliyoni 30 z’Amayero, avuye mu ikipe ya Manchester City, winjiza 481,000 by’Amayero buri cyumweru.

Ku mwanya wa Gatatu hari umukinnyi w’Umunya-Senegari, Kalidou Koulibaly ukinira ikipe ya Al-Hilal, waguzwe Amayero Miliyoni 17 mu ikipe ya Chelsea, winjiza Amayero 412,000 buri cyumweru.

Umunyamisiri Mohamed Salah ukinira ikipe ya Liverpool, aza ku mwanya wa kane kuko buri cyumweru yinjiza Amayero 350,000, akaba ari na we mukinnyi rukumbi ugaragara muri batanu ba mbere bahembwa menshi ku mugabane wa Afurika, ukina ku mugabane w’u Burayi.

Abandi

5. Edouard Mendy - £227,000 /ku cyumweru

6. Thomas Partey - £200,000 /ku cyumweru

7. Achraf Hakimi - £176,000 /ku cyumweru

8. Nicolas Pepe - £140,000 /ku cyumweru

9. Andre Onana - £115,000 /ku cyumweru

10. Franck Yannick Kessié - £150,000 /ku cyumweru

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments