Muri Cap Vert umunyapolitiki Francisco Carvalho agiye kuyobora ubutegetsi bwa guverinoma nyuma y’uko ishyaka rye ryegukanye intsinzi mu matora y’abadepite yabaye ku wa 17 Gicurasi.
Nk'uko byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ya Cap-Vert, PAICV yatsindiye imyanya 37 kuri 72 igize Inteko Ishinga Amategeko nyuma yo kubona 48% by’amajwi y’abatoye.
Mbere, iyo komisiyo yari yatangaje ko iri shyaka ryari ryabonye imyanya 33 n’amajwi 46%, ariko imibare yavuguruwe yerekanye ko ryabonye imyanya myinshi kurushaho.
Iyi ntsinzi itumye PAICV isubira ku butegetsi nyuma y’imyaka icumi igihugu kiyobowe n’ishyaka ryari rimaze igihe riri ku butegetsi.
Ishyaka MpD ryari ryamaze kwemera ko ryatsinzwe, mu gihe umuyobozi waryo akaba na Minisitiri w’Intebe wari usoje manda yashakaga kongera gutorerwa manda ya gatatu yikurikiranya.
Muri Cap-Vert, ishyaka rifite ubwiganze bw’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko ni ryo rihabwa ububasha bwo gushyiraho guverinoma no kuyobora ibikorwa by’ubutegetsi bwa buri munsi. Bityo, intsinzi ya PAICV ihita iha Francisco Carvalho inshingano zo kuyobora guverinoma nshya.
Cap-Vert ni igihugu kigizwe n’ibirwa biri mu Nyanja ya Atlantique, hafi ya kilometero 600 uvuye ku nkombe za Senegal gituwe n’abaturage bagera ku bihumbi 520 kikaba cyarahoze ari ubukoloni bwa portugal kugeza mu 1975 ubwo cyabonaga ubwigenge.
Iki gihugu gikunze gufatwa nk’urugero rwiza rwa demokarasi muri Afurika kubera amatora akorwa mu bwisanzure, ihererekanyabubasha ryubahiriza amategeko ndetse n’inzego za Leta zikora neza.
Nyuma y’aya matora y’abadepite abaturage ba Cap-Vert bazongera kujya mu matora ya perezida ateganyijwe mu kwezi k’Ugushyingo. Perezida uriho ubu, ushyigikiwe na PAICV arifuza kongera kwiyamamariza indi manda y’imyaka itanu.
Abasesenguzi ba politiki bavuga ko intsinzi ya PAICV ishobora guha amahirwe menshi José Maria Neves mu matora ya perezida, kubera ko ishyaka rye ryamaze kwigarurira ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.
Iri hinduka rya politiki rirerekana uburyo demokarasi ikomeje gukomera muri Cap-Vert, igihugu gikomeje kuba kimwe mu bifite ituze rya politiki n’imiyoborere myiza ku mugabane wa Afurika.