Abaturage ba Ethiopia kuri uyu wa Mbere batangiye gutora abayobozi babo mu matora rusange, mu gihe ishyaka Prosperity Party rya Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed ryiteze kongera gutsinda ku bwinshi.
Abiy Ahmed uri ku butegetsi kuva mu 2018 amaze igihe anengwa n’abatavuga
rumwe n’ubutegetsi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bamushinja
gukomeza gutegekesha igitugu no guhashya abatavuga rumwe na leta.
Ibi bitandukanye n’igihe yatangiraga kuyobora Ethiopia, ubwo
yashimirwaga ku rwego mpuzamahanga ndetse akanahabwa igihembwo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera uruhare rwe mu kuzahura umubano hagati ya Ethiopia na Eritrea.
Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi hamwe n’abasesenguzi ba politiki
bagaragaza impungenge ko aya matora ashobora kutaba mu mucyo no mu bwisanzure
busesuye, cyane cyane mu gihe igihugu kigihanganye n’ibibazo by’umutekano,
amakimbirane y’imbere mu gihugu ndetse n’amacakubiri ashingiye ku moko.
Mu matora yabaye mu 2021, ishyaka Prosperity Party ryegukanye imyanya
myinshi mu Nteko Ishinga Amategeko, bituma rikomeza kugumana ubutegetsi.
Raporo zitandukanye zigaragaza ko amashyaka atavuga rumwe na leta afite ubushobozi
buke ndetse akaba acitsemo ibice byinshi, ibintu bituma ishyaka riri ku
butegetsi rikomeza kugira amahirwe menshi yo gutsinda mu turere twinshi.
Abantu barenga miliyoni 50 bemerewe gutora muri aya matora, ari kubera
ku biro by’itora birenga 48.000 hirya no hino mu gihugu.
Biteganyijwe ko ibyavuye muri aya matora bizatangazwa nyuma y’iminsi 10
ibikorwa byo gutora birangiye.