• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Paul Kagame na Perezida wa Emmanuel Macron biteganyijwe ko ku gicamunsi cyo ku wa 2 Kamena 2026 bazafungura ku mugaragaro urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatse ku nkombe z’umugezi wa Seine mu Mujyi wa Paris.

Uru rwibutso rwahawe izina “L’Archive+”, rwakozwe n’umuhanzi w’Umunyarwanda Grada Kilomba, rwubatswe ku bufatanye bwa Leta y’u Bufaransa n’Umujyi wa Paris.

Uyu muhango uteganyijwe kuba umwe mu y’ingenzi mu mateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, aho uzitabirwa n’abayobozi batandukanye barimo Meya wa Paris, Emmanuel Grégoire, ndetse na Jeanne Uwimbabazi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu rwego rwo gukomeza kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside, umuhanzi Gaël Faye azasoma umuvugo wa Beata Umubyeyi Mairesse, mu gihe abitabiriye bazagira umwanya wo gutanga ubutumwa bujyanye n’uyu muhango.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame na Perezida Macron ari bo bazasoza uyu muhango mu butumwa buzagaruka ku kamaro k’ukuri kw’amateka no gukomeza inzira y’ubwiyunge.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa (Élysée) byatangaje ko uru rwibutso ruzafasha mu gukomeza kugaragaza ukuri ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse no guteza imbere ubufatanye mu kwigisha amateka yayo.

Uyu muhango ugaragaza intambwe ikomeye mu mubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko nyuma y’uko u Bufaransa bwemeye uruhare rwabwo mu mateka ya Jenoside, bukiyemeza gukomeza gutanga umusanzu mu kurwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside no kugeza abakekwaho kuyigiramo uruhare imbere y’ubutabera.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments