Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias
Abaturage batuye muri santeri y’ubucuruzi yo mu Byangabo mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze barembejwe n’impumuro mbi ituruka mu nkari z’abasinzi banyara inyuma y’utubari ducururizwamo inzoga.
Aba baturage bahangayikishijwe n’iki kibazo bavuga ko akenshi giterwa n’abasinzi babura aho banyara bagahitamo kwiherera inyuma y’inzu z’abaturage ndetse n’inyuma y’utubari kuko ubwiherero rusange bw’aho baba banywereye buba bufunze.
Umwe muri aba baturage yabwiye BTN ko uyu mwanda uzamura impumuro mbi aho batuye dore ko hari n’abatangiye kugirwaho ingaruka mbi n’iki kibazo babona nk’ikizasiga ubuzima bwabo mu kaga.
Yagize ati "Ntitworohewe n’uyu mwanda uturuka mu nkari z’abasinzi bo ku tubari, Nibadufashe kuko tuzengerejwe cyane nawo".
Aba baturage kandi bibaza niba banyiri-utubari batabibona dore ko n’amasazi abisangira aho batangira serivisi y’inzoga zirimo n’urwagwa.
Umunyamakuru wa BTN ubwo yateguraga iyi nkuru yagerageje kubaza ubuyobozi bw’umurenge wa Busogo niba iki kibazo bukizi n’icyo bushobora kugikoraho maze ubu buyobozi buvuga ko bukizi ariko bugiye kugikurikirana kigakemuka mu maguru mashya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Busogo, NDAYAMBAJE Kalima Augustin yabwiye BTN ko iki kibazo bagiye kureba uko bagikemura mu buryo bwihuse kugira ngo bidakomeza guteza umwanda mu baturage.
Yagize ati "Iki kibazo kirazwi, mu gihe gito kiraba cyakemuwe".
Kubera uburyo iki kibazo gifite uburemere, Aba baturage basarasaba ko ubwiherero rusange bwafungurwa kandi bugakorerwa isuku ihoraho kugira ngo abantu bajye babona aho biherera mu buryo bworoshye bikagabanya gukwirakwiza umwanda hirya no hino cyane ko uyu mwanda uba uri hafi y’inzira zinyurwamo n’abagenzi barimo abana ndetse kandi ubu bwiherero bukanasanywa kuko n’ubuhari bwangiritse ku buryo bubabaje.
NI INKURU YA Gaston NIREMBERE/BTN TV mu karere ka Musanze
Like This Post?
Related Posts