• Amakuru / MU-RWANDA
Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias

Abaturage batuye muri santeri y’ubucuruzi yo mu Byangabo mu murenge wa  Busogo akarere ka Musanze barembejwe nimpumuro mbi ituruka mu nkari zabasinzi banyara inyuma yutubari ducururizwamo inzoga.

Aba baturage bahangayikishijwe niki kibazo bavuga ko akenshi giterwa nabasinzi  babura aho banyara bagahitamo kwiherera inyuma yinzu zabaturage ndetse ninyuma yutubari kuko ubwiherero  rusange    bwaho baba banywereye buba bufunze.

Umwe muri aba baturage yabwiye BTN ko uyu mwanda uzamura impumuro mbi aho batuye dore ko hari nabatangiye kugirwaho ingaruka mbi niki kibazo babona nkikizasiga ubuzima bwabo mu kaga.

Yagize ati "Ntitworohewe nuyu mwanda uturuka mu nkari zabasinzi bo ku tubari, Nibadufashe  kuko tuzengerejwe cyane nawo".

Aba baturage kandi bibaza niba banyiri-utubari batabibona dore ko namasazi abisangira aho batangira serivisi yinzoga zirimo nurwagwa.

Umunyamakuru wa BTN ubwo yateguraga iyi nkuru yagerageje kubaza ubuyobozi bwumurenge wa Busogo niba iki kibazo bukizi nicyo bushobora kugikoraho maze ubu buyobozi buvuga ko bukizi ariko bugiye kugikurikirana kigakemuka mu maguru mashya.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa  Busogo, NDAYAMBAJE Kalima  Augustin  yabwiye BTN ko  iki kibazo   bagiye kureba uko bagikemura mu buryo bwihuse  kugira ngo bidakomeza guteza umwanda mu baturage.

Yagize ati "Iki kibazo kirazwi, mu gihe gito kiraba cyakemuwe".

Kubera   uburyo  iki kibazo  gifite uburemere, Aba baturage basarasaba ko ubwiherero rusange  bwafungurwa  kandi  bugakorerwa isuku ihoraho  kugira ngo abantu bajye  babona aho biherera mu buryo bworoshye  bikagabanya  gukwirakwiza umwanda  hirya no hino cyane ko uyu mwanda uba uri hafi yinzira zinyurwamo nabagenzi barimo abana ndetse kandi ubu bwiherero bukanasanywa kuko nubuhari bwangiritse ku buryo bubabaje.

NI INKURU YA Gaston NIREMBERE/BTN TV mu karere ka Musanze

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments