• Amakuru / MU-RWANDA
Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias

Bamwe mu baturage basigajwe inyuma namateka, batuye mu murenge wa Mudende akarere ka Rubavu bahangayikishijwe naho bazakura amafaranga yo kwishura  ubwisungane mu kwivuza( Mituel de Sante).

Aba baturage bavuga ko babayeho mu buzima bukakaye kuko ntakazi basanzwe bafite gashobora kubafasha kwitangira ubwo bwisunge dore ko batunzwe no gusaba umuhisi numugenzi.

Kuba ntaho bakura amafaranga, bavuga ko bikomeje kubahangayikisha bikanabatera urujijo rwo kwibaza aho bazayakura cyane ko bakunda kurwaragurika.

Mu kiganiro bamwe muri bo bagiranye na BTN, bavuze ko batagishyira iraso ku mubiri bitewe nimpungenge zubuzima bwabo ndetse nahazaza habana babo nyuma yuko bagiye  kwivuza bagasubizwa inyuma.

Nyirandengejeho Laurence, umwe muri aba baturage basigajwe inyuma namateka ,Avuga ko ntakizere cyubuzima bwabo kuko bariho batariho aho agereranya ubuzima babayemo nkubwinyoni zibayemo.

Yagize ati Ntitwishoboye kandi na leta irabizi ko ntakandi kazi tugira uretse ako gusabiriza”.

Uyu muturage akomeza avuga ko kugirango babone amafunguro yo kurya aruko babanza kujya kuyasaba mu baturage bafatanyije Nabana bibyariye kuko batari kumwe ntacyo bahabwa.

Akomeza ati Ubu mukanya ngiye kujyana nurubyaro rwanjye mu baturanyi ngo turebe ko hari icyo baduha”.


Undi muturage utifuje ko amazina ye atangazwa avuga ko kubona serivisi zijyane nubuvuzi muri iyi minsi byabareye ingorabahizi.

Agira ati Mbere twajyaga kuvuza abana twifashishije Mituweli de Sante twishyurirwaga na leta, ubu rero  ntitukijya kwa muganga ngo batuvure tuterekanye Mituweli. Twahisemo kurwarira mu ngo kuko turacyategereje icyo Imana izakora.

Ku murongo wa telephone Umunyamabanga Nshingwabikorwa wumurenge wa Mudende, Murindangabo Eric yabwiye BTN ko abaturage bose bagomba kwigira bakishakamo ibisubizo badategereje ibiva mu maboko yabandi.

Ati Ubu icyerekezo u Rwanda rurimo,ni ukubaka ubushobozi bwumuturage kugeza ubwo yifasha akishakamo igisubizo. Turabizi ko hari abaturage babanyantege nke, gusa ariko hari gahunda yo kubaka amazu asaga makumyabiri n’Atandatu bazaboneramo akazi bikazabafasha kwiyishyurira umusanzu wubwisungane mu kwivuza byu mwihariko abatishoboye”.

Mbere yuko ibyiciro byubudehe bivugururwa, abaturage bari mu cyiciro cya mbere nicya kabiri bishyurirwaga na Leta amafaranga Ibihumbi bitatu kuri buri muntu mu gihe abo mu cyiciro cya gatatu biyishyuriraga amafaranga Ibihumbi bitatu noneho abo mu cyiciro cya kane bakishyura Ibihumbi birindwi kuri buri muntu.

TUYISHIME Jacques/BTN TV

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments