• Imikino / FOOTBALL

Ikipe ya Manchester United yasubukuye imyitozo nyuma y'amasaha macye isebeye imbere y'abafana bayo igatsindwa na Galatasaray ibitego 3-2 .

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, nibwo abasore ba Manchester United, basesekaye Calington aho iyi kipe isanzwe ikorera imyitozo, mu modoka zabo zihenze , abasore nka Andre Onana uri mubihe bibi cyane , Rasmus Højlund, Rafael Varane na Bruno Fernandes bagaragaye bafite isoni n'agahinda ku maso , ubona ko akanyabugabo ( morale ) ntako ,ndetse bacitse intege muburyo bugaragara.


Rafael Varane yageze Calington afite isoni nyuma yo gutsindwa na Galatasaray 

Wari umukino wa 2 mu itsinda rya mbere muri UEFA Champions league, aho ikipe ya Manchester United yakiraga ikipe ya Galatasaray, nubwo Rasmus Højlund yitwaye neza agatsindira amashitani atukura ibitego 2 ntacyo byafashije iyi kipe kuko abasore ba Galatasaray babyishyuye, banarenzaho icy'intsinzi , Manchester United gutsindwa uyu mukino byatumye yuzuza imikino 6 itsinzwe mu mikino  10 iheruka gukina .

Benshi mu bafana ba Manchester United barashinja umutoza Eric Ten Hag, kuba ariwe uri gutuma iyi kipe yitwara nabi, cyane cyane ko bamushinja gushanwa n'abakinnyi bakabaye bafasha iyi kipe kwitwara neza ,  bigatuma bamwe bigendera abandi akabahana ntibakine .

Manchester United yaherukaga gutsindwa na Crystal Palace muri Premier league, kuri ubu ikaba iri kumwanya wa 10 n'amanota 9 , kurundi ruhande iyi kipe ntirabasha kubona inota muri UEFA Champions league ibintu bituma ariyo iri kumwanya wa nyuma mu itsinda .


Eric Ten Hag umutoza wa Manchester United yatangiye gufatwa nk'izingiro ry'umusaruro nkene iyi kipe ifite 


Captain wa Manchester United Bruno Fernandes nuko yarebaga 


Andre Onana ntasiba gukora amakosa atuma Manchester United itakaze imikino 




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments