Mu byo Muhire yashinjwaga harimo kuba atarabyaje umusaruro ubusatirizi bw’Ikipe bufite ba rutahizamu batatu batsinze hamwe ibitego 35 mu mwaka ushize wa Shampiyona, ari bo Mukogotya Robert yakuye muri Mukura VS amaze gutsinda ibitego 14, uyu yaje yiyongera ku Munya-Uganda Yafeesi Mubiru watsinze 14 ndetse n’Umunya-Nigeria, Babuwa Samson watsinze birindwi.
Ibitego bitatu gusa Sunrise FC imaze gutsinda uyu mwaka byinjijwe na Habamahoro Vincent ukina hagati watsinze bibiri kuri Etoile de l’Est na Musanze FC, mu gihe ikindi kinjijwe na Shema Fabrice ku mukino wa Bugesera FC.
Abajijwe ku ntandaro yo gutandukana n’uyu mutoza, Perezida wa Sunrise FC, Hodari Hilary yavuze ko ari umusaruro muke.
Yagize ati" Ni umusaruro mucye. Gutsindwa imikino itatu yikurikiranya ni yo mpamvu nta yindi. Komite yakoze inama tubona ari cyo gikwiye tubimubwiye na we abyemera atagoranye."
Perezida wa Sunrise FC, Hodari Hilary, yavuze ko impamvu ikipe yirukanye Muhire Hassan wayitozaga ari umusaruro muke yari afite mu gihe ayimazemo.
Umutoza Muhire Hassan yatoje amakipe atandukanye nka Rugende FC, Bugesera FC, Pepinière FC n’andi. Azwi cyane nk’umusesenguzi w’Imikino kuri Radio y’imikino B&B-FM Umwezi.
Iyi kipe izasigaranwa n’uwari umutoza wungirije Uwacu Jean Bosco waciye mu makipe atandukanye nka APR FC na Kiyovu Sports mu gihe hagishakishwa undi mutoza.
Sunrise FC ni iya nyuma ku rutonde rwa shampiyona igeze ku munsi wa munani, n’amanota atandatu gusa, yatsinze ibitego bitatu yinjijwe icyenda ifite umwenda w’ibitego bitandatu.