• Amakuru / MU-RWANDA


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Inzego z’Umutekano, Paul Kagame, yahaye abapolisi 436 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bato ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP), nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo igihe.

Uyu muhango wabereye mu Ishuri rya Polisi riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, wanahuriranye n’isabukuru y’imyaka 25 Rwanda National Police imaze ishinzwe.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Perezida Kagame yashimiye Polisi y’u Rwanda ku rugendo rw’imyaka 25 imaze ikorera Abanyarwanda, ayishimira uruhare yagize mu kubungabunga umutekano n’ituze by’abaturage.

Yagize ati “Polisi y’u Rwanda yagize uruhare rukomeye mu gutuma Abanyarwanda babaho batekanye kandi bakora ibikorwa byabo mu cyubahiro n’agaciro bibakwiriye.”

Umukuru w’Igihugu yashimiye kandi abapolisi bakomeje guhagararira neza igihugu mu butumwa bwo kubungabunga amahoro boherezwamo hanze y’u Rwanda, avuga ko bakomeje kurangwa n’ubunyamwuga n’indangagaciro nziza.

Perezida Kagame yavuze ko ibyagezweho na Polisi y’u Rwanda byaturutse ku bufatanye bw’inzego zitandukanye z’umutekano n’abafatanyabikorwa, ariko cyane cyane uruhare rw’Abanyarwanda ubwabo.

Ati “Uyu muco wo gukorera hamwe ni imbaraga igihugu gifite kandi tugomba gukomeza kuwusigasira no kuwubakiraho.”

Yibukije kandi ko ibibazo by’umutekano ku Isi bikomeje guhinduka, aho ibyaha byinshi bikorwa mu buryo bugezweho kandi bwambukiranya imipaka, ashimangira ko Polisi y’u Rwanda igomba gukomeza kujyana n’igihe.

Perezida Kagame yavuze ko gukomeza kongerera ubushobozi Polisi, haba mu bikoresho, ubumenyi ndetse n’ubunyamwuga, ari ingenzi mu guhangana n’ibibazo bishya by’umutekano.

Ati “Gukomeza kubaka ubushobozi mu kongera ubumenyi, ubunyamwuga n’ibikoresho bijyanye n’igihe bigomba kuba ku isonga niba dushaka gukumira no guhangana n’ibibazo bishya.”

Yasabye ba Ofisiye bashya gukoresha neza ubumenyi bahawe, bakarangwa n’ubunyangamugayo no gukorera abaturage mu mucyo.

Perezida Kagame yabasabye by’umwihariko kwirinda ruswa no kurangwa no gufata ibyemezo birangwa n’ubushishozi.

Ati “Tubatezeho kwanga ruswa, gushishoza mu gufata ibyemezo no kuzuza inshingano zanyu uko bikwiye.”

Yanibukije abapolisi bose ko kwizihiza imyaka 25 ya Polisi y’u Rwanda bidakwiye kuba umwanya wo kwishimira gusa, ahubwo ko bikwiye no kuba igihe cyo kwisuzuma no kongera gushimangira indangagaciro ziranga uru rwego.

Perezida Kagame yasabye abapolisi gukomeza gukorera igihugu n’abaturage bicishije bugufi, kugira ngo icyizere abaturage bafitiye Polisi gikomeze kwiyongera no gushinga imizi.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments