• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yatangaje ko yagiranye ibiganiro n’umutwe wa Hezbollah ufashwa na Iran, bigamije guhagarika ibitero byari bikomeje kugabwa kuri Israel.

Trump yavuze kandi ko yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, amusaba guhagarika umugambi wo kohereza ingabo muri Beirut.

Ati: “Nagiranye ibiganiro byiza na Netanyahu, kandi nta basirikare bazajya i Beirut. Nagiranye kandi ikiganiro cyiza na Hezbollah, bemera ko kurasa bihagarara.”

Aya magambo ya Trump yatunguye benshi kuko nta muyobozi mukuru wa Amerika wari warigeze atangaza ko yagiranye ibiganiro na Hezbollah, yaba mu buryo butaziguye cyangwa ubuziguye, kubera ko Washington ifata uyu mutwe nk’uw’iterabwoba.

Amakuru yatangajwe na Reuters avuga ko umwe mu bayobozi ba Lebanon yavuze ko Hezbollah ibinyujije kuri Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Liban, Nabih Berri, yagejeje kuri Amerika ubutumwa bw’uko yiteguye guhagarika ibitero kuri Israel mu gihe na yo yahagarika kugaba ibitero kuri Beirut.

Intambara yo muri Liban yakajijwe cyane n’ubushyamirane buri hagati ya Amerika na Iran, aho Tehran ikomeje gushyigikira Hezbollah mu buryo bwa gisirikare na politiki.

Iran yatangaje ko ibitero byose byagabwa kuri Hezbollah bishobora gushyira mu kaga agahenge k’iminsi 60 kari kamaze kumvikanwaho hagati y’impande zitandukanye zo mu karere.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments