• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yasuye uruganda rushya rutunganya ibikoresho byifashishwa mu gukora intwaro za kirimbuzi, asaba ko igihugu cye cyongera ubushobozi bwo gukora izi ntwaro ku rwego rwo hejuru cyane.

Mu ruzinduko rwe, Kim Jong Un yavuze ko ubushobozi bwa Koreya ya Ruguru bwo gukora ibikoresho by’intwaro za kirimbuzi bwikubye kabiri mu myaka itanu ishize, ashimangira ko igihugu cye kigomba gukomeza kongera ubwirinzi bwacyo.

Yategetse abayobozi b’inzego zishinzwe gahunda za kirimbuzi gukomeza kongeramo imbaraga kugira ngo igihugu kigere ku ntego zacyo z’igihe kirekire, avuga ko ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane igihugu gifitanye n’ibyo yise “abanzi” bisaba ko Koreya ya Ruguru yihaza mu rwego rw’intwaro.

Abayobozi ba Koreya ya Ruguru batangaje ko uru ruganda rushya rushobora kuba rutunganya ubutare bwa uranium, bukoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo no gukora intwaro za kirimbuzi.

Abasesenguzi mpuzamahanga bavuga ko uru ruzinduko rwa Kim Jong Un rushobora kuba rufitanye isano n’uruzinduko rushobora kugirwa i Pyongyang na Perezida w’u China, Xi Jinping, mu bihe bya vuba.

Hari kandi ababona ko Koreya ya Ruguru iri gushimangira ubushobozi bwayo bwa gisirikare kugira ngo igire ijambo rikomeye mu mishyikirano ya dipolomasi ishobora kuba hagati yayo n’ibihugu byo mu Burengerazuba.

Amakuru atandukanye agaragaza ko Pyongyang iri gukomeza kongera ibikorwa bya gisirikare nyuma y’ibyabereye muri Iran mu minsi ishize, aho bamwe mu bayobozi bakomeye b’icyo gihugu bishwe mu bitero byagabwe n’abanzi bayo.

Koreya ya Ruguru ikomeje kubona ko ishobora guhura n’ibibazo nk’ibyo kubera umubano mubi ifitanye na Leta Zunze ubumwe za Amerika, ibintu bikomeje gutuma ishyira imbaraga mu kongera ubushobozi bwa gisirikare n’ubwirinzi.

Impuguke mpuzamahanga zivuga ko kugeza ubu Koreya ya Ruguru ishobora kuba ifite nibura intwaro za kirimbuzi zigera kuri 50.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments