Perezida wa Uganda,
Yoweri Museveni, ku wa Kane yongeye gushimangira ubutumwa bwe bwa “No More
Sleep” (Ntimukomeze Gusinzira) ubwo yatangaga ijambo ngarukamwaka ryerekeye uko
igihugu gihagaze (State of the Nation Address) rya 2026, asaba abaturage,
abayobozi n’abakozi ba Leta kurushaho gukora cyane, kurwanya ruswa no
kwihutisha gahunda zo guhanga ubukire.
Ageza ijambo
ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, Museveni yavuze ko ubutumwa bwe bwumviswe
nabi na bamwe mu bamunenga, asobanura ko atari ugusaba abantu kudasinzira
ahubwo ko ari uguhagarika ubunebwe, ruswa n’imikorere idatanga umusaruro.
Yagize ati:
“Ni ‘No More Sleep’, bivuze ko hatagomba kubaho indi ruswa, nta bundi bunebwe,
nta gukomeza gutesha abantu igihe ubayobya ku ntego nyamukuru, kandi nta
kongera kwihanganira abayobozi badatanga umusaruro bashaka imyanya kubera
inyungu zabo bwite cyangwa kwishyira imbere.”
Mu ijambo
rye, Perezida Museveni yibanze cyane ku rugendo rw’iterambere ry’ubukungu
Uganda imaze kugeraho mu myaka hafi 40 ishize. Yagarutse ku nkomoko ya politiki
y’iterambere yashyizweho na National Resistance Movement (NRM), ndetse na
gahunda y’ingingo 10 yabaye umusingi w’urugamba rwo kubohora igihugu.
Museveni
yavuze ko imwe mu ngero zigaragaza impinduka zabaye ari akarere kororerwamo
amatungo ka Nyabushozi, aho abaturage bavuye ku buhinzi n’ubworozi bwa gakondo
bakinjira mu buhinzi n’ubworozi bugamije inyungu z’ubucuruzi.
Yatangaje ko
umusaruro w’amata muri Uganda wavuye kuri miliyoni 200 za litiro ku mwaka mu
1986 ukagera kuri miliyari 5.4 za litiro muri iki gihe, bituma igihugu kiba
kimwe mu byohereza ibikomoka ku mata ku masoko mpuzamahanga.
Perezida
Museveni yavuze ko iryo terambere ryatewe ahanini n’ubukangurambaga bwafashije
abaturage guhindura imyumvire, bakareka uburyo bwa gakondo bwo kwimuka
bakurikije ubwatsi, bagakoresha uburyo bugezweho bwo korora no guhinga, ndetse
bagashyira imbere ibikorwa byinjiza amafaranga.
Yanavuze ko
gahunda za Leta zigamije guhanga ubukire zirimo NAADS, Operation Wealth
Creation, Emyooga na Parish Development Model zagize uruhare rukomeye mu
gufasha ibihumbi by’Abanya-Uganda kwinjira mu bukungu bushingiye ku mafaranga.
Ku bijyanye
n’ibikorwaremezo, Perezida Museveni yagaragaje ko ishoramari ryakozwe mu
mihanda, gari ya moshi n’imishinga ijyanye na peteroli ryashyizeho urufatiro
rukomeye rw’iterambere rirambye ry’ubukungu.
Yavuze ko
ubukungu bwa Uganda bwazamutse cyane kuva mu 1986, aho umusaruro mbumbe
w’igihugu (GDP) wavuye kuri miliyari 3.9 z’Amadolari ya Amerika ukagera kuri
miliyari 69.3 z’Amadolari. Yongeyeho ko ubukene mu miryango bwagabanutse mu
gihe icyizere cyo kubaho cyazamutse kikava ku myaka 43 kikagera ku myaka 68.
Perezida
Museveni yavuze ko biteganyijwe ko ubukungu bwa Uganda buzazamuka ku kigero cya
6.4% muri uyu mwaka w’ingengo y’imari, ndetse bukazamuka ku kigero cya 10% mu
mwaka utaha. Yavuze ko ibyo bishobora gutuma GDP y’igihugu igera kuri miliyari
80 z’Amadolari ya Amerika na mbere y’uko umusaruro wa peteroli utangira ku
rwego rw’ubucuruzi.
Museveni
yanenze abavuga ko Uganda nta terambere rifatika yagezeho mu myaka 40 ishize,
avuga ko ibyagezweho bigaragarira mu kwiyongera kw’umusaruro, iterambere
ry’inganda no kwaguka kw’ibyoherezwa mu mahanga.
Mu gihe
Uganda yitegura gutangira indi manda ya politiki nyuma y’amatora ya 2026,
Perezida Museveni yavuze ko igihugu kigomba gukomeza gushyira imbaraga mu
guhanga ubukire, guteza imbere imirimo no gukomeza gusaba abayobozi kubazwa
inshingano zabo.
Yasoje ashimangira
ko ibisabwa kugira ngo abaturage bagere ku bukire birimo byose byamaze
gushyirwaho, asaba buri wese gukora uruhare rwe.
Yagize ati: “Ibikenewe kugira ngo tugere ku iterambere birahari. Tugomba kwemeza ko nta kongera gusinzira, nta kongera kwakira ruswa, kandi nta kongera kwihanganira abadatanga umusaruro mu nshingano zabo.”