Ingabo z’
u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango
w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri South Sudan (UNMISS), bifatanyije
n’izindi ngabo ziturutse mu bihugu bitanga abasirikare, abapolisi b’Umuryango
w’Abibumbye (UNPOL) ndetse n’abakozi ba gisivili, mu gikorwa cya Civil-Military
Cooperation (CIMIC) cyabereye ku Ishuri Ribanza rya Juba One Primary School.
Iki gikorwa
cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije, kigamije
guteza imbere isuku, kurengera ibidukikije no gukangurira abaturage uruhare
rwabo mu kubungabunga aho batuye.
Mu bikorwa
byakozwe harimo gusukura ikigo cy’ishuri, gutera ibiti, gukusanya imyanda
itandukanye ndetse no gutema ibyatsi n’ibihuru byari byararenze mu kigo,
hagamijwe kugiha isura nziza no guteza imbere isuku n’umutekano w’abanyeshuri
bahiga.
Abitabiriye
iki gikorwa bagaragaje ko kubungabunga ibidukikije ari inshingano za buri wese,
kandi ko ibikorwa nk’ibi bifasha mu gukumira ingaruka z’imihindagurikire
y’ibihe no kubaka ahantu heza kandi hizewe ku bana n’abaturage muri rusange.
Uretse
ibikorwa byo gusukura no gutera ibiti, abasirikare b’u Rwanda
n’abafatanyabikorwa babo banatanze ubukangurambaga bugamije kurwanya no gukumira
malariya mu banyeshuri biga kuri iri shuri.
Muri ubu
bukangurambaga, abanyeshuri basobanuriwe inkomoko ya malariya, uburyo yandura
ndetse n’ibimenyetso byayo by’ingenzi. Banigishijwe ingamba zo kuyirinda zirimo
gukoresha inzitiramibu zirimo umuti wica imibu, kwirinda amazi ahagaze ndetse
no kwihutira kujya kwa muganga igihe bagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara.
Abayobozi
b’ishuri n’abaturage bo muri ako gace bashimiye ingabo ziri mu butumwa
bw’amahoro n’izindi nzego zifatanyije muri iki gikorwa, bavuga ko ibikorwa
nk’ibi bifasha abaturage kurushaho gusobanukirwa akamaro ko kubungabunga
ibidukikije no kwita ku buzima bwabo.
Ingabo z’u
Rwanda zikomeje kumenyekana mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino
ku isi, aho usibye inshingano zo kubungabunga umutekano, zifatanya n’abaturage
mu bikorwa by’iterambere, ubuzima, uburezi n’ibidukikije. Ibi bikorwa byongera
umubano mwiza hagati y’abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro n’abaturage
b’ibihugu bakoreramo, ndetse bikagira uruhare mu kubaka amahoro arambye
n’iterambere rirambye.