Abayobozi
b’igisirikare bayobora Mali batangaje ko batanze igihembo cya miliyari ebyiri
z’amafaranga ya CFA, angana na miliyoni 3,5 z’amadolari ya Amerika, ku muntu
wese watanga amakuru yatuma hafatwa cyangwa hagaharikwa ibikorwa bya Iyad Ag
Ghaly, umwe mu bantu bashakishwa cyane mu karere ka Sahel.
Iri tangazo
ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane na Minisiteri y’Umutekano ya Mali binyuze
kuri televiziyo y’igihugu, mu rwego rwo gukaza urugamba rwo guhangana n’imitwe
y’iterabwoba imaze imyaka myinshi ihungabanya umutekano muri iki gihugu no mu
bihugu bituranye na cyo.
Iyad Ag
Ghaly wahoze ari umudipolomate wa Mali ndetse akaba yaranabaye umwe mu barwanyi
b’Abatuwaregi, ubu ni umuyobozi wa Jama'at Nasr al-Islam wal Muslimin, umutwe
w’abahezanguni ufitanye isano na Al-Qaeda.
Uyu mugabo
afatwa nk’umwe mu bayobozi b’imitwe yitwaje intwaro bafite imbaraga nyinshi
muri Sahel, kandi ni umwe mu bantu bashakishwa cyane n’inzego z’umutekano zo mu
karere kubera uruhare ashinjwa mu bitero byinshi byagabwe ku ngabo za leta no
ku baturage.
Iyad Ag
Ghaly kandi asanzwe afite impapuro zo kumuta muri yombi zatanzwe na International
Criminal Court, ibintu bituma akomeza kuba mu bantu bakurikiranywe cyane ku
rwego mpuzamahanga.
Minisiteri
y’Umutekano ya Mali yanatangaje ko hari ikindi gihembo cya miliyoni 1,5
z’amadolari ya Amerika (angana na miliyari 1,5 z’amafaranga ya CFA) kizahabwa
uzatanga amakuru ku wungirije wa Ghaly, Amadou Kouffa.
Kouffa na we
ni umwe mu bayobozi bakomeye ba JNIM, akaba azwi cyane mu bice byo hagati muri
Mali aho umutwe ayoboye wagabye ibitero byinshi mu myaka yashize.
Uretse
abayobozi ba JNIM, ubutegetsi bwa Mali bwanatangaje ko bwashyizeho ibihembo ku
muntu uzatanga amakuru ku bayobozi babiri b’inyeshyamba z’Abatuwaregi bakomeje
kurwanya leta.
Kuva mu
mwaka wa 2012, Mali yibasiwe n’ibibazo bikomeye by’umutekano byatewe n’imitwe
y’iterabwoba, inyeshyamba z’Abatuwaregi ndetse n’udutsiko tw’abagizi ba nabi.
Ibi bibazo byakwirakwiye no mu bindi bihugu byo muri Sahel birimo Burkina Faso
na Niger.
Kuva JNIM
yashyirwaho mu mwaka wa 2017, uyu mutwe wagabye ibitero byinshi bikomeye ku
birindiro bya gisirikare, ku nzego za leta no ku baturage, bituma uba umwe mu
mitwe yitwaje intwaro ifite imbaraga kurusha indi muri aka karere.
Mali iyobowe
n’igisirikare kuva habaye ihirikwa ry’ubutegetsi mu mwaka wa 2020. Guverinoma
ya gisirikare ivuga ko kurwanya imitwe y’iterabwoba ari imwe mu ntego zayo
z’ibanze, nubwo ibikorwa by’iyi mitwe bikomeje kwiyongera mu bice byinshi
by’igihugu.
Abasesenguzi
bavuga ko icyemezo cyo gushyiraho ibihembo bikomeye kuri Iyad Ag Ghaly n’abo
bafatanyije ari uburyo bwo gushaka amakuru yihuse yafasha inzego z’umutekano
guhangana n’umutwe wa JNIM, umaze imyaka uhangayikishije abaturage n’ubutegetsi
muri Mali no mu karere ka Sahel muri rusange.
Like This Post? Related Posts