• Amakuru / MU-RWANDA


Abanyeshuri babiri b’abakobwa bigaga mu Ishuri ry’Imyuga n’Ubuhinzi rya EAV Gitwe riri mu Karere ka Ngoma, bakatiwe igifungo cy’umwaka umwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita umuyobozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri (animatrice) bakamukomeretsa.

Icyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Ngoma ku wa 2 Kamena 2026, nyuma y’uko aba banyeshuri bakurikiranwaga ku cyaha cyo gukoresha urugomo ku muyobozi wari ufite inshingano zo gukurikirana imyitwarire yabo ku ishuri.

Amakuru agaragaza ko ku wa 7 Gicurasi 2026, aba bakobwa bateye uwo muyobozi umukoropesho mu mutwe, bikamuviramo gukomereka. Nyuma y’icyo gikorwa bahise batoroka ikigo, baza gufatirwa mu ishyamba aho bari bihishe.

Mu iburanisha, byagaragaye ko intandaro y’icyo gikorwa yari uburakari batewe n’uko uwo muyobozi yari yabagejeje ku babyeyi babo amakuru y’imyitwarire yabo itari myiza, aho bivugwa ko bakundaga gusohoka mu kigo batabiherewe uburenganzira.

Nyuma yo guhamagarwa n’ababyeyi babo kuri telefone bakabacyaha kubera ayo makuru bari bahawe, abo banyeshuri ngo bahisemo kwihorera, ari na bwo bateye uwo muyobozi bakamukomeretsa.

Urukiko rwabahamije icyaha rubakatira igifungo cy’umwaka umwe, ariko amezi umunani muri yo asubikwa. Ibi bivuze ko bazamara amezi ane gusa muri gereza, mu gihe andi mezi azakurikiranwa hashingiwe ku myitwarire yabo.

Umuyobozi wa EAV Gitwe, Nsanzimana Jean Claude, yavuze ko iki gihano gikwiye kubera isomo abandi banyeshuri, cyane cyane muri iki gihe bagenzi babo bari mu bizamini bya Leta.

Yagaragaje ko imyitwarire mibi ishobora kugira ingaruka zikomeye ku hazaza h’umunyeshuri, asaba urubyiruko kwirinda ibikorwa by’urugomo no kubaha abayobozi n’abarezi babo.

Iki cyemezo cy’urukiko cyafashwe nk’ubutumwa bukomeye bwo gukangurira abanyeshuri gukemura amakimbirane mu buryo bwubahiriza amategeko, aho kwishora mu bikorwa by’urugomo bishobora kubashyira mu bibazo by’amategeko no kubangamira ubuzima bwabo bw’ejo hazaza.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments