Patrick Analo Akivaga, Umuyobozi
Mukuru ushinzwe Iterambere ry’Imijyi n’Igenamigambi mu Mujyi wa Nairobi, yatawe
muri yombi n’Urwego rwa Kenya rushinzwe kurwanya ruswa n’imyitwarire mibi
(EACC), nyuma yo gusangwamo amafaranga arenga miliyoni 65 z’Amashilingi ya
Kenya, angana na miliyoni zirenga 735 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Iki gikorwa cyabaye ku wa Kane tariki
ya 4 Kamena 2026, ubwo abashinzwe iperereza basakaga urugo rwe ruherereye i
Syokimau mu Ntara ya Machakos, mu rwego rw’iperereza ku itsinda rikekwaho
gukora ibikorwa bya ruswa no kunyereza umutungo wa Leta.
Amakuru yatangajwe na EACC agaragaza
ko amafaranga yafashwe yari agizwe n’asaga miliyoni 51 z’Amashilingi ya Kenya
ndetse n’Amadolari ya Amerika ibihumbi 130, yose yari ahishe ahantu
hatandukanye mu rugo rwe no mu modoka ye.
Iperereza ry’ibanze ryagaragaje kandi
ko Akivaga akekwaho kwakira amafaranga arenga miliyoni 170 z’Amashilingi ya
Kenya hagati y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2019/2020 na 2025/2026, anyuze kuri
konti za banki ndetse no ku buryo bw’ikoranabuhanga bwo kohereza amafaranga
kuri telefone.
Mu busakanyi bwakozwe, hafashwe
ibindi bikoresho bikekwa ko bifitanye isano n’ibyaha bya ruswa, birimo impapuro
z’ubutaka, ibyangombwa by’imodoka, amasezerano y’ubugure n’ubugure bw’umutungo,
mudasobwa ndetse n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bishobora gufasha mu
iperereza.
EACC yavuze ko iperereza rikomeje kugira
ngo hamenyekane inkomoko y’ayo mafaranga n’uruhare rw’abandi bantu bashobora
kuba bari muri uwo mugambi. Yongeyeho ko dosiye nirangira gukorwaho,
izashyikirizwa inzego z’ubushinjacyaha kugira ngo hafatwe ibyemezo bikurikije
amategeko.
Iri fatwa ry’uyu muyobozi rije mu gihe ibihugu byinshi byo
muri Afurika y’Iburasirazuba bikomeje kongera ingufu mu kurwanya ruswa, cyane
cyane mu nzego za Leta no mu bikorwa by’imitangire y’amasoko ya Leta, aho
amafaranga menshi akomeje kugaragara mu maboko y’abayobozi bamwe mu buryo
butavugwaho rumwe.