• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Leta ya Ghana yatangaje ko yakiriye neza kandi yishimiye ubutumwa bwa Papa Leo XIV bwo gusaba imbabazi ku ruhare Kiliziya Gatolika yagize mu bucuruzi bw’abacakara bwanyuze mu nyanja ya Atlantique, ndetse no kuba iyo Kiliziya yaratinze kwamagana ayo mahano yabaye imyaka amagana.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Ghana, yavuze ko icyo gikorwa cya Papa ari “igikorwa cy’ubutwari n’ubunyamuntu,” kandi ko ari intambwe ikomeye mu rugendo rwo gushaka ukuri ku mateka, kubaka ubutabera no gukiza ibikomere byatewe n’ubucakara.

Iri jambo rya Papa Leo XIV rikubiye mu nyandiko ye ya mbere yise Magnifica Humanitas, ijambo ry’Ikilatini risobanura “Ubuntu Butangaje”. Iyo nyandiko yabanje kugenewe Abepisikopi Gatolika, ariko iza no guhinduka ubutumwa bugenewe isi yose.

Papa Leo XIV yemeye ko Kiliziya Gatolika yagize uruhare cyangwa se ikicecekera ibikorwa by’ubucakara byakorewe Abanyafrika mu binyejana byashize, anasaba ko habaho ukwemera ukuri no gusubiza icyubahiro abahohotewe n’ayo mateka mabi.

Mu butumwa bwa Leta ya Ghana, yavuze ko kwemera ayo mateka ababaje ari intambwe y’ingenzi ishobora gufasha isi kugera ku bumwe, ubwiyunge n’ubutabera burambye.

Iryo tangazo ryagize riti:“Guhangana n’akarengane kabaye mu mateka bisaba kuvuga ukuri, kwemera uruhare rwabigizemo no gushyira imbere ubutabera n’ubwiyunge."

Abashakashatsi bagaragaza ko hagati y’umwaka wa 1500 na 1800, Abanyafrika bari hagati ya miliyoni 12 na 15 bajyanywe ku gahato mu bihugu byo muri Caraïbes no muri Amerika nk’abacakara. Muri bo, abarenga miliyoni ebyiri bapfiriye mu nzira bambuka inyanja ya Atlantique, bazira ubuzima bubi n’ihohoterwa rikabije bakorewe.

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, Umuryango w'Abibumbye (ONU) yemeye umushinga w’icyemezo ugaragaza ko ubucakara ari kimwe mu byaha bikomeye byakorewe inyokomuntu mu mateka yayo.

Iyo gahunda yashyigikiwe na Perezida wa Ghana, John Mahama, ndetse inashyigikirwa n'Afurika Yunze Ubumwe (AU), igamije gushaka uburyo bwo gukiza ibikomere byasizwe n’ubucakara no gushyigikira ibiganiro ku ndishyi n’ubutabera ku bahohotewe n’urwo rwego rw’akarengane.

Iyo ngingo kandi ishimangira ko hakenewe gukosora ingaruka z’ubucakara zikigaragara no muri iki gihe, zirimo ivanguramoko, ubusumbane mu bukungu n’akarengane gakomeje kugaragara ku bakomoka muri Afurika.

Biteganyijwe ko Ghana izakira inama mpuzamahanga mu kwezi gutaha, izahuza ibihugu n’imiryango itandukanye kugira ngo harebwe intambwe zikurikira nyuma y’uko ONU yemeye ko ubucakara bwabaye icyaha gikomeye cyibasiye inyokomuntu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments